Official Portal
Top Google Ads Banner - Evergreen

Evergreen

Evergreen

Amerika yarakajwe no kubazwa impamvu Trump yibagiwe izina rya Tshisekedi

Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Ame...

Read More

Ubwo bari mu masengesho yo gusengera Igihugu azwi nka National Prayer Breakfast, Perezida Donald Trump asa n’uwagowe no kuvuga izina rya Tshisekedi wari wayatumiwemo.

Icyo gihe yagize ati “Turi kumwe n’umugabo w’intwari kandi mwiza…Perezida wa Congo, Perezida…Perezida ..wahaguruka?”

Byarangiye koko Trump atavuze izina rya Tshisekedi, bamwe bakaba bavuga ko ari uko yari yaryibagiwe mu gihe abandi babihuza no kuba rikunze kumugora mu kurivuga.

Umuvugizi wa White House, Karoline Leavitt, asubiza ku bibazaga impamvu Trump yibagiwe izina rya Tshisekedi, mu burakari yasubije ko ari ibintu by’ubusazi kubona ibintu nk’ibyo bivugwa ku muntu uri kurangiza intambara yari imaze ibinyacumi byinshi muri RDC.

Muri Kanama ubwo Perezida Trump yari arimo gutebya ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC yabaye nk’uwibeshye kuri icyo gihugu aho kuvuga Repubulika ya Congo avuga iya ‘Condo’ ariko yaje guhita abikosora.

Ikindi abantu bongeye kugaragaza ni ubwo mu Ukuboza 2025, ibihugu by’u Rwanda na RDC byashyiraga umukono ku masezerano y’amahoro, Trump akagorwa no kuvuga neza izina rya Tshisekedi.

Hari abakunze gushinja Trump w’imyaka 79 ko afite ibibazo by’uburwayi bituma yibagirwa ariko we aherutse kuganira n’ikinyamakuru cya NBC ko yiyumva nk’uko yari ameze mu myaka 50 ishize.

Ati “Mu mbaraga no mu bitekerezo ndiyumva nk’uko nari meze mu myaka 50. Wenda hazabaho igihe ntazashobora kugusubiza gutyo ariko ubu icyo gihe ntikiragera.”

Ku wa 5 Gashyantare Trump yasabye Tshisekedi guhaguruka, amubwira ko bitari byoroshye guhagarika intambara yo muri RDC, yibutsa abari muri iryo teraniro ko iki gihugu na Amerika byanagiranye amasezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Uri intwari, twishimiye ko uri hano, ni icyubahiro gikomeye, uri umuntu mwiza. Twanasinye amasezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya mbere akomeye mu mateka ya Amerika na Afurika. Congo ifite ubutaka buhebuje. Twasinye amasezerano, bimwe mu bigo binini byacu bizajyayo.”

Tariki ya 4 Ukuboza 2025, RDC n’u Rwanda byagiranye amasezerano y’amahoro n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu, bibifashijwemo na Amerika. Ni yo Trump ashingiraho yemeza ko yahagaritse intambara.

Nubwo avuga ko yahagaritse iyi ntambara yo muri RDC, ihuriro ry’ingabo z’iki gihugu riracyagaba ibitero mu bice bigenzurwa na AFC/M23, rititaye ku masezerano y’agahenge yasinyiwe i Doha muri Qatar.

Mu ijoro rya tariki ya 31 Mutarama rishyira uwa 1 Gashyantare 2026, AFC/M23 yarashe igice gikoreshwa n’igisirikare ku kibuga cy’indege cya Kisangani, isobanura ko yari igamije kugisenya kuko cyifashishwa mu gutegura ibitero bya drones.

White House yarakajwe no kubazwa impamvu Trump yibagiwe izina rya Tshisekedi

👁️ 358
Vertical Ad
Bottom Google Ads Banner - Evergreen
Top Google Ads Banner - Job

Job

Lufthansa yemeye isano yayo n’ishyaka ry’aba-Nazi
Job

Lufthansa yemeye isano yayo n’ishyaka ry’aba-Nazi

Sosiyete yo mu Budage ikora ubwikorezi bwo mu kirere, Luftha...

Read More

Umuyobozi Mukuru w’Iyi sosiyete, Carsten Spohr, yabitangaje ku wa 9 Gashyantare 2026, mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 100 imaze.

Mu byasuzumwe harimo gukoreshwa mu gisirikare cyo mu kirere cy’ibanga, uruhare mu ntambara y’ubukungu y’aba-Nazi no gukoresha imirimo y’agahato abakozi bo mu nganda zirimo n’iz’intwaro.

Umwanditsi w’Amateka Manfred Grieger, wananditse amateka y’iyi sosiyete yavuze ko yari iy’ishyaka National-Socialisme ryamenyekanye nk’iry’aba-Nazi, ryayoborwaga na Hitler.

Nyuma yo gutsindwa intambara y’Isi, iyi sosiyete y’indege yahise ihagarika imirimo, “ijyana n’ubutegetsi yari yari ishamikiyeho.”

Mu buryo bw’amategeko, Lufthansa ya none ntaho ihuriye n’iya kera ariko yagumanye uburenganzira ku izina rya kera, amabara n’ikirango [logo] byayo.

7sur7 yanditse ko igitabo kirimo umwanzuro ku isano ya Lufthansa n’aba-Nazi kizashyirwa hanze muri Werurwe 2026, ariko ibyerekeye gukoresha abakozi imirimo y’agahato byitezweho kuzacukumburwa byisumbuye.

Lufthansa yashinzwe mu 1926 ihagarika ibikorwa mu 1946 kubera ko u Budage bwa Adolf Hitler bwari bumaze gutsindwa intambara. Mu 1953 hongeye gushingwa Lufthansa nshya.

Inama y’ubutegetsi ya Lufthansa yinjiye mu ishyaka ry’aba-Nazi mu 1930, iyi sosiyete yakoraga nk’iya Leta igatwara abayobozi. Yanagiraga uruhare mu nganda zikora intwaro.

Mu bihe bishize inama y’ubutegetsi ya Lufthansa yashimangiye gutandukanya mu buryo bw’amategeko iki kigo na mugenzi wacyo wabayeho ku bw’aba-Nazi. Gusa ubu bemeye kwirengera ingaruka z’amateka yacyo.

Manfred Grieger wagize uruhare mu kwandika igitabo cy’amateka yayo yavuze ko abantu barenga ibihumbi 12 bakoreshejwe imirimo y’agahato mu ruganda rwa Hansa rwakoraga intwaro, mu gusana n’ibikorwa byo kurubungabunga. Mu minsi ishize ni bwo byamenyekanye ko muri abo bantu harimo n’abana.


👁️ 158
Vertical Ad
Bottom Google Ads Banner - Job
Top Google Ads Banner - Scholarship

Scholarship

amas ntikozwa ibyo kurambika intwaro
Scholarship

amas ntikozwa ibyo kurambika intwaro

Umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas, Khaled Meshaal, yatangaje ...

Read More

Ibyo uwo muyobozi yabigarutseho ubwo yari mu nama izwi nka Al Jazeera Forum itegurwa n’icyo gitangazamakuru igahuza hamwe abakora itangazamakuru n’abayobozi batandukanye.

Meshaal yavuze ko ibiganiro bivuga ku kwambura Hamas intwaro ari igice cy’umugambi umaze igihe kirekire ugamije guca intege no gukuraho burundu urugamba rw’Abanya-Palestine rwo kwirwanaho.

Meshaal yatangaje ibyo mu gihe impaka zikomeje ku Isi aho bamwe bagaragaza ko Hamas yarekura intwaro mu rwego rwo gushakira umuti urambye amakimbirane yo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Ni mu gihe kandi muri Nzeri 2025 hasinywe amasezerano hagati yo kurangiza intambara hagati ya Hamas na Israel muri Gaza bigizwemo uruhare na Amerika ndetse haterwa izindi ntambwe zirimo kurekura imfungwa hamwe n’imirwano iracogora ariko intambara ntirahagarara.

Meshaal yavuze ko guhagarika kurwana binyuze mu kuba Hamas yashyira intwaro hasi ari ikintu abona nko guca intege ubushobozi bwa Palestine bwo kwirwanaho.

Ati “Kuvuga ko Hamas igomba gushyira intwaro hasi mu gihe Israel ikomeje kwigarurira Gaza no gukandamiza Abanya-Palestine, ni nko kudusaba kwiyambura uburenganzira bwo kwirwanaho.”

Yakomeje avuga ko ibyo bisabwa atari bishya, ahubwo ari igice cy’umugambi muremure wo kugerageza guca intege imitwe yose yitwaje intwaro iharanira uburenganzira bw’Abanya-Palestine.

Ati “Iki ni igikorwa kimaze imyaka myinshi, kigamije kuduca intege no kudushyira mu mwanya wo kwemera akarengane.”

Meshaal yashimangiye ko Hamas idashobora kwemera icyo asobanura nko “kwiyambura ubwirinzi” mu gihe Israel ikomeje ibikorwa bya gisirikare, gufunga Gaza no kubuza abaturage bayo uburenganzira bw’ibanze.

Yagaragaje ko nta gihugu cyangwa umuryango ushobora kwemera gushyira intwaro hasi mu gihe ugihanganye n’abawambuye ubutaka n’uburenganzira.

Uyu muyobozi yanenze kandi Umuryango Mpuzamahanga, awushinja kudashyira igitutu gihagije kuri Israel kugira ngo ihagarike ibikorwa byo kwigarurira Gaza.

Yavuze ko amahoro nyayo atagerwaho mu gihe hadashyizwe imbere ubutabera n’uburenganzira bungana.

Meshaal yatangaje ko Hamas yiteguye ibiganiro byose bigamije amahoro arambye, ariko byubakiye ku guhagarika kwigarurira Gaza no guha Abanya-Palestine uburenganzira busesuye bitaba ibyo bagakomeza kwirwanaho.

Khaled Meshaal ni umwe mu bayobozi bakuru bayoboye umutwe wa Hamas nyuma y’uko mu 2024 Israel yishe Ismail Haniyeh wari Umuyobozi Mukuru wayo na Yahya Sinwar wari wamusimbuye.


👁️ 261
Vertical Ad
Bottom Google Ads Banner - Scholarship

Subscribe for Updates