Lufthansa yemeye isano yayo n’ishyaka ry’aba-Nazi
Umuyobozi Mukuru w’Iyi sosiyete, Carsten Spohr, yabitangaje ku wa 9 Gashyantare 2026, mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 100 imaze.Mu byasuzumwe harimo gukoreshwa mu gisirikare cyo mu kire...
Read More
Umuyobozi Mukuru w’Iyi sosiyete, Carsten Spohr, yabitangaje ku wa 9 Gashyantare 2026, mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 100 imaze.
Mu byasuzumwe harimo gukoreshwa mu gisirikare cyo mu kirere cy’ibanga, uruhare mu ntambara y’ubukungu y’aba-Nazi no gukoresha imirimo y’agahato abakozi bo mu nganda zirimo n’iz’intwaro.
Umwanditsi w’Amateka Manfred Grieger, wananditse amateka y’iyi sosiyete yavuze ko yari iy’ishyaka National-Socialisme ryamenyekanye nk’iry’aba-Nazi, ryayoborwaga na Hitler.
Nyuma yo gutsindwa intambara y’Isi, iyi sosiyete y’indege yahise ihagarika imirimo, “ijyana n’ubutegetsi yari yari ishamikiyeho.”
Mu buryo bw’amategeko, Lufthansa ya none ntaho ihuriye n’iya kera ariko yagumanye uburenganzira ku izina rya kera, amabara n’ikirango [logo] byayo.
7sur7 yanditse ko igitabo kirimo umwanzuro ku isano ya Lufthansa n’aba-Nazi kizashyirwa hanze muri Werurwe 2026, ariko ibyerekeye gukoresha abakozi imirimo y’agahato byitezweho kuzacukumburwa byisumbuye.
Lufthansa yashinzwe mu 1926 ihagarika ibikorwa mu 1946 kubera ko u Budage bwa Adolf Hitler bwari bumaze gutsindwa intambara. Mu 1953 hongeye gushingwa Lufthansa nshya.
Inama y’ubutegetsi ya Lufthansa yinjiye mu ishyaka ry’aba-Nazi mu 1930, iyi sosiyete yakoraga nk’iya Leta igatwara abayobozi. Yanagiraga uruhare mu nganda zikora intwaro.
Mu bihe bishize inama y’ubutegetsi ya Lufthansa yashimangiye gutandukanya mu buryo bw’amategeko iki kigo na mugenzi wacyo wabayeho ku bw’aba-Nazi. Gusa ubu bemeye kwirengera ingaruka z’amateka yacyo.
Manfred Grieger wagize uruhare mu kwandika igitabo cy’amateka yayo yavuze ko abantu barenga ibihumbi 12 bakoreshejwe imirimo y’agahato mu ruganda rwa Hansa rwakoraga intwaro, mu gusana n’ibikorwa byo kurubungabunga. Mu minsi ishize ni bwo byamenyekanye ko muri abo bantu harimo n’abana.


