Amerika yarakajwe no kubazwa impamvu Trump yibagiwe izina rya Tshisekedi
Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Ame...
Read More
Ubwo bari mu masengesho yo gusengera Igihugu azwi nka National Prayer Breakfast, Perezida Donald Trump asa n’uwagowe no kuvuga izina rya Tshisekedi wari wayatumiwemo.
Icyo gihe yagize ati “Turi kumwe n’umugabo w’intwari kandi mwiza…Perezida wa Congo, Perezida…Perezida ..wahaguruka?”
Byarangiye koko Trump atavuze izina rya Tshisekedi, bamwe bakaba bavuga ko ari uko yari yaryibagiwe mu gihe abandi babihuza no kuba rikunze kumugora mu kurivuga.
Umuvugizi wa White House, Karoline Leavitt, asubiza ku bibazaga impamvu Trump yibagiwe izina rya Tshisekedi, mu burakari yasubije ko ari ibintu by’ubusazi kubona ibintu nk’ibyo bivugwa ku muntu uri kurangiza intambara yari imaze ibinyacumi byinshi muri RDC.
Muri Kanama ubwo Perezida Trump yari arimo gutebya ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC yabaye nk’uwibeshye kuri icyo gihugu aho kuvuga Repubulika ya Congo avuga iya ‘Condo’ ariko yaje guhita abikosora.
Ikindi abantu bongeye kugaragaza ni ubwo mu Ukuboza 2025, ibihugu by’u Rwanda na RDC byashyiraga umukono ku masezerano y’amahoro, Trump akagorwa no kuvuga neza izina rya Tshisekedi.
Hari abakunze gushinja Trump w’imyaka 79 ko afite ibibazo by’uburwayi bituma yibagirwa ariko we aherutse kuganira n’ikinyamakuru cya NBC ko yiyumva nk’uko yari ameze mu myaka 50 ishize.
Ati “Mu mbaraga no mu bitekerezo ndiyumva nk’uko nari meze mu myaka 50. Wenda hazabaho igihe ntazashobora kugusubiza gutyo ariko ubu icyo gihe ntikiragera.”
Ku wa 5 Gashyantare Trump yasabye Tshisekedi guhaguruka, amubwira ko bitari byoroshye guhagarika intambara yo muri RDC, yibutsa abari muri iryo teraniro ko iki gihugu na Amerika byanagiranye amasezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ati “Uri intwari, twishimiye ko uri hano, ni icyubahiro gikomeye, uri umuntu mwiza. Twanasinye amasezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya mbere akomeye mu mateka ya Amerika na Afurika. Congo ifite ubutaka buhebuje. Twasinye amasezerano, bimwe mu bigo binini byacu bizajyayo.”
Tariki ya 4 Ukuboza 2025, RDC n’u Rwanda byagiranye amasezerano y’amahoro n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu, bibifashijwemo na Amerika. Ni yo Trump ashingiraho yemeza ko yahagaritse intambara.
Nubwo avuga ko yahagaritse iyi ntambara yo muri RDC, ihuriro ry’ingabo z’iki gihugu riracyagaba ibitero mu bice bigenzurwa na AFC/M23, rititaye ku masezerano y’agahenge yasinyiwe i Doha muri Qatar.
Mu ijoro rya tariki ya 31 Mutarama rishyira uwa 1 Gashyantare 2026, AFC/M23 yarashe igice gikoreshwa n’igisirikare ku kibuga cy’indege cya Kisangani, isobanura ko yari igamije kugisenya kuko cyifashishwa mu gutegura ibitero bya drones.




